Kirehe -Gatore: Gutinda kubona ibyangombwa by’ubutaka birakenesha abaturage

Kirehe -Gatore: Gutinda kubona ibyangombwa by’ubutaka birakenesha abaturage

Bamwe mu  batuye  mu murenge  wa  Gatore  mu karere  ka  Kirehe  mu ntara  y’u Burasirazuba , bavuga  ko  gutinda  kubona  ibyangombwa  by’ubutaka bwabo   birimo  kubateza  ubukene, kuko bituma  ntacyo  bakorera  ku butaka  bwabo  nko kuba  babusabiraho  inguzanyo muri banki  ngo  biteze  imbere, cyangwa  kuba babwubakaho  mu gihe  batabufitiye  ibyangombwa.

Nyiragaju  Christine  utuye  mu kagari ka Muganza muri uyu  murenge, avuga  ko  yari  afite  ubutaka  bwe  yahawe  n’umugabo  we nyuma  akaza gupfa, aho apfiriye    yagiranye  ibibazo  by’amakimbirane  n’abana  umugabo  we  yari yarabyaye  mbere  y’uko bashakana. Uyu muturage  avuga ko yasabwe  n’umurenge  kuzana  icyo  cyangombwa  ngo  barebe  koko  niba  ubwo  butaka  bumwanditseho,nawe  arakizana ariko nyuma abwirwa  ko cyatakaye  kiburiye ku murenge imyaka  ine  ikaba  ishize  atarahabwa ikindi.

Agira ati’’ Imyaka  ine  irashize  mpora  nza  hano  gushaka  icyangombwa  cy’ubutaka bwanjye  n’abaturage  barabizi ko ubwo  butaka ari ubwanjye. Sinshobora  kuba  nabutangaho  ingwate  ngo  nisabire  inguzanyo , sinshobora  kuba nabugurisha  nkeneye  amafaranga  kuko  ntibunyanditseho. Sinibaza  n’uburyo  icyangombwa  gitakara  kandi kiri  mu bayobozi, niba  baranakibuze  sinumva  impamvu  batampa ikindi’’.

Ibi  abihuriyeho  na  Ruzigana  Télesphore  bakunda  kwita  Marembo, uvuga  ko amaze  igihe  afite  numero  y’ubutaka  bwe ariko  akaba  ataragira  icyangombwa cy’ubutaka, kubera  ko  yatandukanye  n’umugore  we  bari barasezeranye  byemewe  n’amategeko  ariko bakaza  gutandukanywa  n’inkiko. Ati’’ Ikibazo  cyanjye  ubuyobozi  bw’umurenge  n’urukiko  barakizi , umugore  twamaze  gutandukana banatugabanya  imitungo  harabura iki  ngo  icyangombwa  cy’ahanjye  bakimpe? Kuba  nta cyangombwa  mfite bivuze  ko  nta  butaka  mfite, nta kintu  nahakorera  nk’umushinga  kuko  ntibunyanditseho’’.

Ku ruhande  rw’umurenge wa  Gatore Tuyambaze  Ernest  umukozi  ushinzwe imicungire y’ubutaka, ibikorwaremezo  n’imiturire mu murenge  wa  Gatore , avuga  ko  gusaba  icyangombwa  cy’ubutaka  muri  rusange  bidatinda  ahubwo  ngo abatinda  kubibona  ni  ababa  bafite  ibibazo  bitandukanye, harimo  nk’ibyavuye  mu nkiko  bisaba  ko  birangizwa  n’umuhesha   w’inkiko , ndetse  n’abasabwa  kubanza  kuzuza ibisabwa  bagacika  intege bakabireka.

Ati’’ Ku  wa  3 ni  umunsi nahariye kwakira  ibibazo  by’ubutaka, abaturage  barabizi  yewe  n’uunyamabanga nshingwabikorwa  w’umurenge  arabizi  ko  ari byo  nirirwamo  umunsi  wose nta kandi kazi bashobora kumpangiraho uriya munsi, urebye  rero  abatinda  kubibona  ni  ababa  baravuye  mu nkiko, abandi  tubasaba  kubanza gupimisha  ubutaka  kubera  ko  rero  ababupima basaba  amafaranga  hari  ucika  intege  akaba  abyihoreye, cyangwa  yaba  yabupimishije yaza wamusaba  gufotoza ibibanza,ugasanga arabyihoreye yazayabona akagaruka bigatuma  atinda kubona icyangombwa .’’

Ikibazo cyo  gutinda kubona ibyangombwa  by’ubutaka  si cyo  cyonyine  cyugarije  abatuye  mu murenge  wa Gatore, kuko  banafite  ikindi  kibazo  cy’imitungo  yabo  yangijwe  n’ikorwa ry’umuhanda Kayonza-Rusumo  batahawe ingurane  z’ubutaka  bwabo  cyangwa imitungo  yatwawe n’iri korwa  ry’umuhanda.

Abaturage bo mu murenge  wa Gatore mu nteko z'abaturage  bagaragaje uko gutinda kubona ibyangombwa by'ubutaka bibateza ubukene.

Mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe , ubwo abatuye muri uyu murenge bari mu nteko z'abaturage

Marie  Jeanne  UWAMBAYINEMA/heza.rw