Nyaruguru : Amarerero y’Abana yasubije abagore mu kazi

Nyaruguru : Amarerero y’Abana yasubije abagore mu kazi

Nk’uko amahirwe menshi y’umuturage wo mu karere ka Nyarugenge umujyi wa Kigali ari mu bucuruzi n’imirimo itari iy’ubuhinzi, uwo mu Karere ka Nyaruguru, Intara y’Amajyepfo amahirwe atabarika ayafite mu buhinzi.

Muri Nyaruguru, icyayi ni igihingwa ngengabukungu abahinzi, abasoroma, ndetse n’abigisha iyamamaza buhinzi bakesha ifaranga. Abakora mu cyayi cya Nyaruguru baturuka mu ntara zose z’u Rwanda.

Abagore nabo ntibasigaye inyuma, kandi umubare wabo munini, bakora mu gusoroma, aho bagomba kuzinduka, bagasiga abagize umuryango wabo bakiryamye.

Uyu murimo, utuma ababyeyi bafite abana batakirwa neza, dore ko usaba ubwitange n’imbaraga nyinshi, ku buryo nta mwanya wo kwita ku mwana bahetse babona.

Abagore bavuga ko  bagorwa  no kubona  aho  basiga  abana ngo  bajye  gusaba aka kazi , kuko ba nyir’umurima batemerera ufite  umwana .
Nyir’umurima w’icyayi, iyo yemereye aba bagore akazi, abahemba make ugereranyije n’abadafite abana cyangwa abagabo.

Nyirabizimana  Eugenie wo mu mudugudu  wa  Mushwati, akagari ka Ngeri mu murenge  wa Munini asobanura iki kibazo agira ati “Ikiraka  cyo  guhinga  bakiduha  binuba kubera  ko tujyana n’abana bato.”

Yongeraho ati ‘’ Kubona  akazi  hano  bisaba  kujya  mu cyayi kandi  mu cyayi  baduhemba  bitewe  n’ibiro  wasoromye, ku muntu  rero  uhetse  umwana  ntiwabona  uko ujya  mu cyayi.’’

Iki kibazo, u Rwanda n’abafatanyabikorwa baharanira kuzamura imibereho y’umugore n’iterambere ry’icyaro muri rusange, baragihagurukiye, kugira ngo bafashe abagore nabo kubona akazi mu mirima y’icyayi, bityo bazamure ingo zabo.

Muri urwo rwego, mu karere ka Nyaruguru, ku wa 9 Kamena, ikigo Unilever gisanzwe gitera inkunga abahinzi b’icyayi muri Nyaruguru bafunguye ku mugaragaro amarerero atatu bubakiye abagore bakora mu cyayi, kugira ngo bajye babona aho basiga abana, bakore akazi batekanye, kandi nta w’ubavangura.

Muri uyu mushinga, Unilever kandi yateye inkunga ishami ry’umuryango w’abibumbye  wita  ku bagore  UN Women bishyirwa  mu bikorwa  n’umuryango Adepe n’akarere ka Nyaruguru.

Ayo marerero yubatswe I Mata mu murenge wa Mata, i Viro muri Kibeho ndetse n’i Ngeri mu murenge wa Munini.

Alice  Rugerindinda  umukozi  wa UN Women  avuga ko gukuraho imbogamizi zituma abagore batabona imirimo ari ingirakamaro, kuko iyo  badafite  amafaranga n’umutekano mu ngo ushobora kubura.

Yagize ati ’’Twasanze  kugira  ngo abagore bashobore  kujya    gukora  ni uko  bagira ahantu hizewe   basiga abana bityo bagende  batekanye.’’

Alice Rugerindinda Umukozi wa UN Women avuga ko kugira ngo umugore ashobore gukora Ari uko aba afite aho asiga umwana hatekanye.

Rucamihigo  Gregoire  umuyobozi  w’umuryango nyarwanda  wita  ku iterambere  n’uburenganzira  bwa  muntu ADEPE , avuga  ko  byagaragaye  ko  umubyeyi  ukora  mu  cyayi  afite  umwana  bituma  umusaruro  uba  muke  kuko akora  ariko  atekereza  umwana.

Byukusenge  Assumpta umuyobozi wungirije  ushinzwe  imibereho  myiza mu karere ka Nyaruguru avuga  ko  gusiga  abana  mu marerero  ari ikintu  kimaze  kuba  umuco mu baturage  bo  mu karere  ka  Nyaruguru , kandi ngo aho  yubatswe  hose  arakora  yaba  ingo mbonezamikurire  ndetse  n’ayandi  marerero  yubatswe  muri aka karere.

Ati’’Nta mubyeyi ukwiye kujya mu mirimo  ivunanye ahetse umwana. Turasaba  ababyeyi  ko bakwitabira aya marerero bakajya bahazana abana  bakahabasiga  kuko  nta kibazo  bazahagirira  hanyuma  na bo bakajya  mu mirimo  yabo  bakagaruka  kubatwara  batashye.’'

Nyiransabimana Jesephine  wo mu mudugudu  wa Viro, mu kagari  ka  Gakoma mu murenge wa  Kibeho umubyeyi  w’umwana umwe, avuga  ko irerero rubatswe hafi ye ari agisubizo kuko yari yarahejwe ku ifaranga.

Ati’’Nahoze  nsoroma  icyayi nari maze  no kubimenya  cyane  ariko namaze kubyara  ntibongera  kumpa  akazi. Sinjye  njyenyine  byabayeho  hari  benshi  duturanye  bagiye  bajya  kugasaba bakakabima  ngo nuko bahetse  abana . Turishimye  tubonye  aho tuzajya  dusiga  abana  ubundi  tugakorera  amafaranga na twe’’.

Aya marerero yatwaye arenga miliyoni 100.
Mu irerero abana bahabazana mu gitondo sa moya, bakahafata igikoma n'ifumguro rya sa sita. 
Afite ibikoresho nkenerwa by’ingenzi, byaba iby’igikoni, iby’abana bakenera mu kwidagadura n’udukino twabo, ibiribwa ndetse n’ibiryamirwa baruhukiraho. 

Mu gihe aya marerero yeguriwe akarere, nyuma y’amezi atatu azashyirwa mu maboko y'ababyeyi bazajya bakusanya ibyo kurya bakabizana bakabitekera abana bakanagena uko bazajya bitabwaho.

Kugeza  ubu  mu karere  ka Nyaruguru hamaze  kubakwa amarerero asaga 1000, aho buri mudugudu ufite byibuze amarerero atatu. 

I

Mu iviro mu murenge wa Kibeho ahari imilima y'icyayi hubatswe irerero ry'abana rizafasha abagore kujya mu kazi ko gusoroma icyayi.

Irerero ry'abana ryubatswe mu kagari ka Ngeri mu murenge wa Munini rizatuma abagore basubira mu kazi ko gusoroma icyayi.

Byukusenge Assumpta umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Nyaruguru, avuga ko abagore babonye aho basiga abana batazongera kujya babajyana mu mirimo ivunanye.

Rucamihigo Gregoire umuyobozi wa Adepe avuga ko Ari ngombwa guteza imbere umugore.

UWAMBAYINEMA  Marie  Jeanne/heza.rw