Paris: Abatangabuhamya bagaragaje uko abahungiye i Murambi babanje kwicishwa inzara n’umwuma

Paris: Abatangabuhamya bagaragaje uko abahungiye i Murambi babanje kwicishwa inzara n’umwuma

Mu rubanza  rwa  Bucyibaruta  Laurent wahoze  ari  perefe  wa Perefegitura ya Gikongoro  rurimo kubera  mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris mu Bufaransa, abatangabuhamya  barokotse  Jenoside  bari barahungiye  mu kigo  cy’ishuri cya  ETO Murambi, bagaragarije urukiko  uko gufungirwa  amazi  byabagizeho  ingaruka bamwe bagatangira  kuyoboka  utubande  bajya gushaka amazi yo  kunywa dore ko n’ibiryo bari barajyanye byari bimaze kubashirana.

Umwe  mu batangabuhamya  watangiye ubuhamya i Kigali hifashishijwe  ikoranabuhanga,  yavuze  ko ubwo  indege  yamara  guhanurwa tariki ya 7 Mata 1994 batangiye  kubatera, batwika  amazu  ndetse bica  abantu babonye  bikomeye batangira  guhunga, aho bageze  mu nzira  bakabwirwa  ko abayobozi  bategetse ko abahunga  bose bajya ku mashuri. Ati “Twahungiye ku mashuri kwa padiri, ariko tugezeyo Semakwavu wari burugumesitiri wa Komini Nyamagabe atubwira  ko abantu bose bahungira  ku mashuri y’i Murambi ko ariho bari buturindire. Twahageze hari amazi ariko tuhageze bahita badufungira imiyoboro y’amazi inzara n’umwuma birahatwicira kuko n’ibiryo twari twaratwaye byari bimaze kudushirana”.

 Uyu mutangabuhamya  avuga  ko nyuma  yo kubura amazi  muri iki kigo cya Murambi bari bahungiyemo  batangiye  kujya  kuvoma  mu kabande, ngo nibura  babone  amazi yo kunywa. Aha naho ngo nta mahoro bahagiriye kuko ibitero byari ku misozi iteganye na Murambi bamanukaga babareba bagatangira kubatera amabuye, bagahita bazamuka  batavomye. Ati “Hari umugabo wari utuye hafi aho watwemere ko twajya tujya kuvomayo amazi yo kunywa tuakamuha amafaranga ariko tugeze aho nayo aradushirana”.

Umwunganizi  wa Bucyibaruta  yabajije  uyu  mutangabuhamya  niba  yibuka  neza  ko ubwo bageraga i Murambi hari amazi, umutangabuhamya asubiza  ko bahageze  ahari ariko bakaza kuyafunga  nyuma  y’uko bahageze  bahahungiye.

Undi  mutangabuhamya  w’imyaka 68 nawe  watanze ubuhamya hifashishijwe  ikoranabuhanga, nawe yagaragarije urukiko ko i Murambi bahiciwe n’inyota kuko babuze amazi yo kunywa ariko umuriro w’amashanyarazi wo urahaguma. Ati “Hari kuwa 6 abantu benshi duhungira kwa padiri, twaharaye iminsi ibiri batubwira kujya I Murambi kuko ariho hari hanini. Twarahageze nyuma y’iminsi mike badufungira amazi inzara n’inyota biratwica”.

Ibi kandi  byanahamijwe  n’undi mutangabuhamya  w’imyaka 72 we utarahigwaga mu gihe cya jenoside, akaba yari n’umucuruzi muri icyo gihe. Yemeje ko yaniboneye  igitero cyagiye kwica Abatutsi I Murambi. Ati “impunzi bakomeje  kubona ziyongera  bashyiraho bariyeri bahita bakata amazi yajyaga I Murambi, impunzi zabonye bayakase zirivumbura zishaka gusohoka. Bucyibaruta yazanye na Sebuhura babakoresha inama impunzi zavuze ikibazo cy’amazi bababwira ko amazi bazayakora. Bashakaga no gusohoka ngo bagende ariko kuko bizeraga perefe barahaguma”. Uyu mutangabuhamya yavuze  ko itiyo baciye yari imwe yacaga  mu iteme ivana amazi mu kabande, ati “Navuye kurangura nsanga bakimara kuyitema amazi arimo kumeneka, ndetse n’ubu iyo tiyo iracyahari iragaragara”.

Mugabarigira  Stanley uyobora  Urwibutso  rwa  jenoside  rwa  Murambi, aganira  n’abanyamakuru ba Pax Press  yavuze  ko  abatutsi  bahungishirijwe i Murambi bitegetswe  na Bucyibaruta  ndetse banabaha  n’abajandarume ngo babaherekeze, mu rwego  rwo kujijisha kugira  ngo babone  uburyo  bwo kubica bitewe  n’imiterere y’aka gasozi ka Murambi kuko kari hagati  y’indi misozi kandi  miremire  igasumba bityo akaba ari nta mututsi wari kubacika. Ati “Nyuma yo  kubageza hano  baca itiyo yazanaga  amazi hano kugira  ngo babanze  babicishe umwuma n’inzara, urumva ntabwo baryaga babanje kubaca intege kugira ngo batazabarwanya”.

Usibye kuba abahungiye i Murambi barabuze amazi yo kunywa bavuga ko n’ibiryo bazaniwe na padiri batigeze babiryaho kuko umunsi babihaweho nibwo igitero cyahise kibatera. Bucyibaruta Laurent arimo kuburanishwa kuva ku itariki ya 9 Gicurasi 2022 bikaba  biteganyijwe ko urubanza rwe ruzarangira taliki 12 Nyakanga 2022.

UWAMBAYINEMA  Marie Jeanne/ heza.rw