Muhanga : Abikorera beretswe amahirwe bakwiye kubyaza umusaruro no gushoramo imari

Muhanga : Abikorera  beretswe  amahirwe  bakwiye  kubyaza  umusaruro no gushoramo imari

Ubuyobozi  bw’intara  y’amajyepfo  n’ubw’akarere  ka  Muhanga  bwagaragarije  abikorera bo  muri  aka karere , amahirwe  ahaboneka  bakwiye  kubyaza  umusaruro  bakayashoramo  imari  maze  aka karere  kakarushaho  gutera  imbere.

Akarere  ka  Muhanga  kahoze ari akarere  kungirije  umunyi wa Kigali  kuri  ubu kashyizwe  mu mijyi itatu  igaragiye  umujyi  wa  Kigali.

Meya Kayitare  Jacqueline  avuga ko ubwabyo aya  ari  amahirwe  abikorera  bakwiye  kubyaza  umusaruro, nk’akarere  gakorerwamo ubucuruzi  kandi kakaba  kari  hagati mu Gihugu, ngo bakwiye kujya   bazana  ibicuruzwa  byinshi  bitandukanye ,  abandi  bacuruzi  baturutse  ahandi  ibyo  bakeneye bakabihasanga batiriwe  bajya  i Kigali.

Icyanya  cy’inganda  cya Muhanga gifite  hegitari  67 kugeza ubu inganda 10 akaba ari zo zimaze kubona ibyangombwa byo kuhakorera. Uyu muyobozi asanga   n’ayo  ari andi  mahirwe  abikorera  babyaza umusaruro ndetse  na   sitade  mpuzamahanga  igiye  gutangira  kubakwa muri uyu  mwaka  wa 2023, mu murenge wa Shyogwe  muri aka karere.

Ati’’ Iyo urebye aho akarere kacu gaherereye  byonyine ni amahirwe , igice  kinini  cy’amajyepfo n’icy’uburengerazuba  banyura  hano , aya ni amahirwe  dukwiye  kureba  uburyo  twatangira  abajya gushaka ibintu I Kigali kuko banyura hano,  ahubwo  dukwiye kubizana ibyo bakeneye byose ntibahanyure ngo bakomeze’’.

Akomeza agira ati’’Ishoramari  rya hano mu mujyi turarisaba gushyira imbaraga  mu bukerarugendo. Abikorera  bacu  turifuza  ko batangira  gutekereza ibikorwa  bashyira  ahazubakwa sitade kugira ngo nimara  kubakwa nabo bazabyungukiremo’’.

Uyu muyobozi  w’akarere  kandi  asaba  abikorera  gushora imari  mu bikorwa  byo  kwakira  abantu  kuko usanga  nabyo  bikiri  bike  muri  uyu mujyi.

Ati’’ Abantu  baza  gukorera  inaha , mu karere ka Kamonyi  cyangwa mu ka Ruhango  na za Ngororero  bagashaka kuza kurara  hano, ariko ugasanga  ntaho  dufite  bashobora kurara, uribaza akarere kangana gutya  ariko tukaba  dufite  hoteli 2 gusa , urumva  mu buryo  bwo kwakira abatugana turacyari hasi cyane hakwiye kubakwa andi  mahoteli ndetse n’amacumbi kugira  ngo  n’iriya sitade umunsi yatangiye kwakira  imikino abantu bazabone  aho bacumbika’’.

Ku ruhande  rw’urwego rw’abikorera PSF, Kimonyo  Juvenal perezida  w’uru rwego  mu karere  ka Muhanga, avuga  ko biteguye  kubyaza  umusaruro  amahirwe  beretswe  n’ubuyobozi ndetse  n’abaje bagana  Muhanga  bakabona  serivise bivuza mu mpande zose.

Ati’’ Turimo kugenda  tuganira  n’abikorera  tubereka  amahirwe  ahari , kandi  barimo  kugenda  babyumva ndetse  hari  n’abatangiye  gusaba  aho  bubaka inzu  z’ubucuruzi  zigezweho, hari  abaza  gushaka ibibanza  mu cyanya cy’inganda , ndetse  n’iriya sitade  mpuzamahanga  igiye kubakwa, tugomba kuyibyaza umusaruro. Icyo  twe  dushaka  ni uko Muhanga iba umujyi  w’ubucuruzi , kandi  dufite icyizere  ko tuzabigeraho no  kuba  aka karere  karagizwe umujyi uyingayinga  Kigali ni amahirwe  tuzi kandi tubona ko twayabyaza umusaruro’’.

Ku ruhande  rw’intara y’Amajyepfo, Busabizwa  Parfait  umunyamabanga  nshingwabikorwa  wayo , asaba  abikorera  gushyira  imbaraga mu gutanga serivisi nziza  ku bakiriya  baje  babagana , bakabigira  umuco nk’uko mu bindi bihugu  bimeze, kuko  iyo  wakiriye  umuntu neza yongera  kugaruka  ndetse  akanagenda  akwamamaza mu bandi..

Icyegeranyo  cyakozwe mu mwaka ushize wa 2022 n’urwego  rw’Igihugu  rushinzwe  imiyoborere  RGB ku mitangire  ya serivisi, kigaragaza ko abikorera  bo mu karere ka Muhanga  bashimwa  n’abaturage  ku kigero cya 74% , naho  mu mitangire  ya serivisi  akarere kakaza ku mwanya wa 18 mu turere 30.

Kimwe mu byo  abaturage bakunze kunenga abikorera bo muri aka karere, ni ugukinga inyubako  z’ubucuruzi  hakiri kare, abaturage bakabura  ibyo  bifuza  harimo n’inzu  zicuruza  imiti  (pharmacy) bigatuma  ukeneye umuti mu masaha  y’ijoro  atawubona.

Marie  Jeanne  UWAMBAYINEMA /heza.rw

Abayobozi ba PSF mu karere ka Muhanga hamwe n'umuyobozi  w'akarere ka Muhanga n'umunyamabanga nshingwabikorwa  w'intara y'amajyepfo, ubwo  bari mu busabane bwo kwishimira  uko umwaka ushize wagenze.

Abikorera  beretswe  amahirwe hari  bakwiye kubyaza umusaruro

Marie  Jeanne  UWAMBAYINEMA /heza.rw