Kirehe: Imyaka itatu irashize hari abangirijwe ibyabo n’ikorwa ry’umuhanda batarahabwa ingurane

Kirehe: Imyaka itatu  irashize hari  abangirijwe ibyabo  n’ikorwa  ry’umuhanda batarahabwa ingurane

Bamwe   mu  batuye  mu murenge  wa Gatore mu karere  ka Kirehe, hario  n’abahinzi  bakorera  mu gishanga  cya Cyunuzi bahangayikishijwe  n’imitungo  yabo  yangijwe  n’ikorwa  ry’umuhanda Kagitumba- Rusumo , none  imyaka itatu ikaba  ishize  batarahabwa  ingurane z’ibyabo  byangijwe.

Ntakirutinka  Onesphore  utuye  mu kagari ka Cyunuzi ya kabiri muri uyu  murenge, avuga  ko  amaze  imyaka  itatu  ategereje  amafaranga  y’ingurane  y’inzu  ye  yasenywe , urutoki  rwe  ndetse  n’imisave  none  bakaba baranashyize  ruhurura  iruhande  rwe  akaba  ahora ayigwamo, ataranahawe  amafaranga  y’ingurane.

 Uyu musaza  avuga  ko hari  bamwe  bayabonye  mu bo  bari bahuje  ikibazo bamwe  bagahabwa  amafaranga  yo gusana inzu  zabo, ariko we ngo akaba yaranagombye  kwishyura  abakoraga umuhanda  ibihumbi bitatu  ngo  bamusanire  urugo  ye kuba ku gasozi.Uyu musaza  avuga  ko ahora asiragira  ku murenge  abaza impamvu  we atishyurwa  ibye  byangijwe n’ikorwa  ry’uyu muhanda.

Ati’’Umuhanda  wansenyeye  inzu naraje  ndandikisha  ku murenge  abandi  twandikishirije  rimwe  barayabona, maze  kuza  mu butaka  incuro  3 batampa  amafaranga  yanjye, ariko si njye  njyenyine hari n’abandi kuva  muri 2019 umuhanda  ukorwa  tuza kwishyura’’.

Ntakirutinka  kandi akomeza avuga  ko kuri ubu iyi  ruhurura  imubangamiye  we n’abaturanyi kuko yanasizwe idapfundikiye. Agira ati’’Iyo imvura  iguye  amazi ashoka  muri iyo  ruhurura wagira ngo  ni akagera, abana bagwamo buri munsi n’ejo bundi umwuzukuru wanjye  yaguyemo namuvuje ntanze ibihumbi 10. Ikibazo cyanjye abayobozi barakizi n’ejo bundi  barahaje  barabibonye uko icyo ruhurura bayisize  irangaye nta kantu ko gutwikirizaho  bashyizeho’’.

Mukandutiye philomène  ni umuhinzi mu gishanga  cya  Cyunuzi avuga  ko  ikorwa  ry’uyu muhanga  ryayoboye amazi menshi muri iki gishanga, maze kikabangiriza  imyaka bari barahinze  ntibagire icyo basarura. Ati’’ Imyaka yacu yatwawe n’amazi kuko bayayoboye  mu gishanga kiruzura  ntitwagira  icyo dusarura, kugeza n’ubu twategereje  amafaranga  y’imyaka yacu bangije turaheba’’.

Ku ruhande rw’ubuyobozi  bw’umurenge  wa Gatore , Ntagwabira Oswald umunyamabanga nshingwabikorwa  w’umurenge   avuga  ko ko  hari ikibazo cy’abaturage  batarabona  amafaranga  y’ingurane  z’imitungo yabo, ariko ngo  kuba kitarakemuka , si uko  ubuyobozi  butagikurikiranye.

Agira ati’’ Hari abahawe amasima n’imicanga  byo gusana inzu zabo  nk’abatuye  ahagereye  ku muhanda abagomba guhabwa amafaranga  na bo hari abayabonye ariko kuko  uriya muhanda  utari ku rwego  rw’akarere, ari uwa RTDA badusabye  kongera  kuvugurura intonde  zabo ngo abo bantu bishyurwe’’.

Akomeza agira ati’’Abo mu gishanga cya Cyunuzi  bo  babariwe miliyoni esheshatu ibyabo ndumva byararangiye hasigaye kwishyurwa’’. Kugeza ubu  ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe ntibugaragaza umubare  wa nyawo w’abaturage bagomba kwishyurwa imitungo yabo, kuko bakirimo  kuzuza  dosiye  z’abaturage. Icyakora  ngo  abahinzi bo mu gishanga cya cyunuzi  bo  bamaze kubona  abantu 15 bagaragaza ko imyaka yabo yangiritse.

Kwimura abantu nk’uko biteganywa mu itegeko ngenga n°18/2007 ryo kuwa 19/04/2007 ryerekeye uburyo kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange uko bikorwa, bikorwa gusa ku mpamvu z’inyungu rusange kandi habanje gutangwa  indishyii kwiye.Indishyi ikwiye yemejwe na Komisiyo y’ubutaka yishyurwa mu gihe kitarenze iminsi ijana na makumyabiri (120) uhereye igihe iyo ndishyi ikwiye yemerejwe.

Mu gihe uwishyura indishyi zikwiye atazitangiye igihe cyagenwe kivugwa cyavuzwe haruguru yishyura indishyi y’ubukerererwe ya 5% buri mwaka yiyongera kuri iyo ndishyi ihabwa uwimurwa. Icyo gihe ntigishobora kurenga imyaka ibiri (2).

Ntagwabira Oswald umunyamabanga nshingwabikorwa  w'umurenge wa Gatore, avuga ko barimo kuvugurura urutonde rw'abangirijwe ibyababo n'ikorwa ey'umuhanda Kagitumba-Rusumo

Abatuye mu murenge wa Gatore ubwo bari mu nteko z'abaturage, bagaragaje ko babangamiwe no kuba batarishyurwa imitungo yabo yangijwe n'ikorwa ry'umuhanda.

UWAMBAYINEMA  Marie Jeanne/heza.rw