Ruhango : Basabwe kwirinda amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ruhango : Basabwe  kwirinda  amacakubiri  n'ingengabitekerezo ya Jenoside.

Mu  muhango  wo  gutangiza  icyumweru  cy’icyunamo  n’iminsi  100  yo kwibuka  Abatutsi  bazize  Jenoside  yakorewe  Abatutsi  mu 1994 wabereye  mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, abaturage  basabwe kwirinda  amacakubiri  n’ingengabitekerezo  ahubwo  bagaharanira  gukomeza  kuba  umwe.

Mukaruberwa  Jeanne  d’Arc  Perezida  wa  Ibuka  mu karere  ka  Ruhango  avuga  ko  igikorwa  cyo  kwibuka  ari igikorwa  ngarukamwaka    gifasha  abanyarwanda kongera  guhtekereza hirindwa  icyabasubiza mu macakubiri ayo ariyo  yose, hirindwa ingengabitekerezo  ya jenoside  ndetse  abanyarwanda bagashyira  hamwe  bubaka  umuryango  wuje ubumwe.

Mukaruberwa  Jeanne d'Arc  Perezida wa Ibuka  mu karere  ka Ruhango

Mukaruberwa  avuga  ko  by’umwihariko  iki gikorwa  ari  icyo kongera kuzirikana kurushaho  Abatutsi  bazize  jenoside , ndetse  no  gufata  amu mugongo  abarokotse  jenoside  bababa hafi , kubarebamamo icyizere  cy’ubuzima  bwa none  n’ejo hazaza.  Agira ati ‘’ Ntawe  bitanezeza  uyu mwaka  haramutse  nta  case  y’ingengabitekerezo  ya  jenoside ibonetse , cyangwa  se nta  gikorwa  cyo  guhungabanya uwacitse  ku icumu rya  jenoside bifitanye isano  n’ingengabitekerezo ya jenoside.Ibyo  byose kandi  tuzabigeraho  twese  dufatanyije buri  wese aba ijisho  rya mugenzi  we.’’

Habarurema  Valens  umuyobozi  w’akarere  ka  Ruhango  avuga  ko  kuri iyi  tariki ya 7 Mata  wo gutangira icyunamo  ari umunsi wo kwibuka  ko Jenoside  yakorewe  Abatutsi  itari  yoroshye  yari ri ikomeye  cyane , ariko kandi  uri  ukuzirikana   ko  abanyarwanda  bagomba  kwiyubaka  amateka  tukayamenya  ko ari ayacu  ariko  tugakomeza  dutera intambwe  tuniyubaka.

 Ati’’  Ibi  bihe  dutangiye ni  ibihe  bidasanzwe  bidusaba  gufata  umwanya uhagije tugatekereza  byimbitse  ku mateka  y’u Rwanda  akomeye  kandi mabi  kandi  yatugejeje kuri  jenoside  yakorewe  Abatutsi , Rwanda  yo hambere  Igihugu cyacu  cyari Igihugu cyiza  buri wese  yibonamo  ariko  mu gihe  cy’abakoroni bajemo amacakubiri kuko  aribwo  buryo bwonyine  babonaga  bwo kuyobora’’.

Meya  Habarurema akomeza agira ati ‘’ Ndagira  ngo  mbibutse  gahunda  ya Ndi umunyarwanda ko ariyo gahunda  tugomba  kwimakaza , kuko itwibutsa  bigendeye ku mateka ikatwibutsa  abo turi bo n’agaciro ku bunyarwanda buzira jenoside n’amacakubiri ayo ariyo yose.Nitwemera  ko twese turi umwe, hano hicaye umuntu umwe  nta  kintu  cyakongera  kutumeneramo’’.

Meya  Habarurema  kandi  asaba  abaturage  gukomeza  kwitabira  gahunda  zose  zo  kwibuka  uko zateguwe  muri  aka karere  ka Ruhango, ndetse  no  gukomeza  kuba  hafi  abacitse  ku icumu rya Jenoside muri  ibi  bihe  barimo.

Meya  Habarurema  Valens  avuga ijambo  mu muhango wo  gutangiza  icyunamo   

Meya  Habarurema  Valens na  Mukaruberwa Jeanne  d'Arc bagiye  gucana  urumuri  rw'icyizere ku rwibutso  rwa Kinazi.

Jeanne/heza.rw